Miriyari zisaga makumyabiri z’amafaranga y’amanyarwanda (FRW 20,000,000,000) z’umutungo wa Leta zararigise. Uwo mubare uwubona ushyize hamwe ibishushanyo n’imbonerahamwe zashyizwe ahagaragara na Raporo ya Komisiyo y’Inteko Nshingamategeko ishinzwe imikoreshereze y’imari bya Leta. Iyo Raporo yagejejwe ku Nteko Nshingamategeko kuri uyu 15 Gashyantare 2012, irerekana imicungire mibi y’imari n’umutungo wa Leta y’umwaka 2009-2010.
Iyo raporo y‘impapuro 59, iravuga inyerezwamutungo rirenze inzovu n’akayovu ryagaragaye muri ministeri, imishinga n’ibigo bya Leta 104 byagenzuwe kuri 315 byagombaga kugenzurwa, ni ukuvuga gusa 33% yabyo. Birumvikana ko iyo izo nzego zose zigenzurwa, imicungire mibi yari kurenga miriyari mirongo itandatu (FRW 60,000,000,000) ujanishije. Ni akayabo karenze urugero kangana n’ingengo y’imari y’imyaka itatu igenewe amashuri yisumbuye. Umutungo wa Leta ucunzwe neza ni ukuvugako abana bajya mu mashuri y’isumbuye ubu bashobora kwikuba gatatu, ndetse birenze.





