Kigali kuwa 31 Mutarama 2012.
Tariki ya 31 Mutarama 2012 Guverinoma y’u Rwanda yashoje igihe yari yise icy’imiyoborere myiza inajyanye no gutanga serivisi nziza, ikaba ndetse yari yashyizeho insanganyamatsiko igira iti “Gutanga serivisi nziza niryo shingiro ry’amajyambere”.
Ishyaka FDU-Inkingi rirasanga iryo menyekanishabikorwa “ryo gutanga serivisi nziza” rishingiye ku kinyoma kuko bidashoboka ko waha abaturage serivisi nziza mu gihe utabaha ijambo mu byemezo bitandukanye bibafatirwa kandi bigira ingaruka ku buzima no ku mibereho yabo ya buri munsi.
Mu nyandiko iherutse gusohoka ku itariki 15/01/2012, umuntu ashobora gusanga ku rubuga
http://allafrica.com/stories/201201161809.html , mw’ iperereza ryakozwe na Democracy Index 2011 – Economist Intelligence Unit, u Rwanda rwabaye urwa 138 mu bihugu 165, ruba urwa nyuma muri Est African Community http://www.eiu.com/public/topical_report.aspx?campaignid=DemocracyIndex2011
Bigaragaza ko hategekeshwa igitugu kandi ko iterambere rivugwa ritajyanye n’ imibereho myiza y’ abaturage no kwishyira ukizana muri demokarasi (Civil Rights, Economic and Social Rights, Civic and Political Participation, Political Parties , Rule of Law ).
Impamvu zimwe zinyuranya n’ibyo guha umuturage serivisi nziza ni izi zikurikira: